24/01/2025
Kuri uyu wa gatanu tariki ya 24 Mutarama 2025, Perezida wa Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu, Madamu UMURUNGI Providence, afatanyije n'Ubuyobozi bw'Akarere ka Rubavu n'Umuyobozi w'agateganyo w'Ikigo cy'Igihugu cy'Ingoboka, bashyikirije abaturage inka 4 bari baremerewe na Komisiyo ubwo yiteguraga kwizihiza Isabukuru y'Itangazo Mpuzamahanga ry'Uburenganzira bwa Muntu ku nshuro ya 76, n'imyaka 25 Komisiyo imaze iteza imbere ikanarengera uburenganzira bwa muntu mu Rwanda.
Ni igikorwa cyabereye ku Murenge wa Kanzenze, mu Karere ka Rubavu, kikaba kiri mu rwego rwo guteza imbere uburenganzira ku mibereho myiza y'abaturage.