13/05/2026
Intumwa zivuye muri Komisiyo y’Amatora ya Lesotho (IEC) zasuye Komisiyo y’Igihugu y’Amatora.
Kuri uyu wa gatatu, tariki 13/05/2026, itsinda ry’abakomiseri n’abakozi ba Komisiyo y’amatora ya Lesotho IEC, bayobowe na Komiseri Pontso Mamatlere Matete, bari mu rugendoshuri mu Rwanda, basuye Komisiyo y’Igihugu y’amatora.
Mu biganiro bagiranye n’ubuyobozi bwa Komisiyo y’Igihugu y’amatora, basobanuriwe imiterere n’imikorere yayo, uko amatora ategurwa mu Rwanda n’amategeko ayagenga, uruhare rw’abafatanyabikorwa batandukanye nk’Inzego z’ubuyobozi, imiryango itegamiye kuri Leta, Itangazamakuru, n’abandi bagira mu matora, n’ibindi.
Basobanuriwe zimwe mu ngingo z’amategeko zisobanura amahame u Rwanda rugenderaho harimo ihame ry’uburinganire bw’abagabo n’abagore rigenera abagore imyanya ingana na 30% y’imyanya ifatirwamo ibyemezo, n’iryo kudaheza riha urubyiruko n’abafite ubumuga imyanya mu Nteko ishinga amategeko Umutwe w’abadepite ariko no mu zindi nzego z’ubuyobozi.
Amatsiko yabo yari kandi ku ruhare rw’abagore mu matora, amategeko agenga amatora atuma batorwa ari benshi mu nzego zifatirwamo ibyemezo.., muri make intambwe U Rwanda rumaze gutera n’uburyo yagezweho.
Ubuyobozi bwa Komisiyo y’Igihugu y’amatora bwabasobanuriye birambuye ibyo amategeko agenga amatora ateganya, imyanya itorerwa n’uko Imitwe ya Politiki igabana imyanya mu Nteko ishinga amategeko.
Abo bashyitsi banyuzwe n’ibisobanuro bahawe, bashimira uko bakiriwe, n’ibisobanuro bahawe.