Nyirabugenge nubugenge bwayo

Nyirabugenge nubugenge bwayo Contact information, map and directions, contact form, opening hours, services, ratings, photos, videos and announcements from Nyirabugenge nubugenge bwayo, Library, Kigali.

23/11/2021

Y’ello! This is the official Facebook account for MTN Rwanda. Follow us for updates, promotions, competitions and the latest news about the brand.

💛

26/09/2021

UBUHAMYA BUDASANZWE BW'UMUGORE WASAMBANYE N'ABAGABO BENSHI AKAMERA UMURIZO
Ishimwe Lorie yabanje kuririmba Hip Hop akabifatanya no kumansura, yaje kuba indaya aryamana n’abagabo atibuka umubare barimo n’abakozi b’Imana.
Ishimwe Lorie usengera mu Itorero ry’Abapantekoti yemeza ko atarakira agakiza mu buryo buhamye ngo yabanje kuba indaya yari izwi cyane i Nyamirambo, yanyoye urumogi, asambanira amafaranga n’ibindi bikorwa bibi yita ‘iby’umwijima yabagamo’ ataramenya Yesu.
Ibi byose yabyinjiyemo ashakisha uburyo yazajya abona amafaranga yo gukora umu*iki wa Hip Hop mu gihe abamureraga[yari imfubyi akaba n’ikinege] babimubuzaga bakamuhatira ishuri ariko we akinangira.
N’amafaranga y’ishuri kenshi barayamuhaga aho kuyatanga akajya kuyanywa urumogi asigaye akayajyana muri studio gukora umu*iki. Yaje guhura n’abakobwa b’inshuti ze bari abamansu*i bamugira inama ko yajya kubana na bo ahitwa kuri 40 i Nyamirambo bakazamurangira n’akazi keza.
Ati « Igihe cyarageze bafata umwanzuro ko bazajya banyishyurira amafaranga y’ishuri nkazajya kwiga nsanga baramaze kubirangiza. Nanjye nahise mfata umwanzuro wanjye, nagiye kuba kuri 40 i Nyamirambo, mbana n’abakobwa bari abamansu*i. «
Yongeraho ati « Bahise banshakira akazi ko kumansura kugira ngo njye mbona amafaranga. Najyaga kwiga bitewe n’uko naramutse cyangwa ibyo urumogi rwambwiye mu mutwe. »
Lorie yari indaya yamaramaje…
Uyu mugore uvuka i Nyamirambo mu Kagari ka Munanira yemeza ko ageze ku myaka 14 ari bwo yatangiye kunywa ibiyobyabwenge akabifatanya no gusambanira amafaranga.
Ati « Muri uko kumansura natangiye kuraruka, byasaba kunywa ibiyobyabwenge kugira ngo utagira isoni. Twatahaga saa cyenda z’ijoro nkaba mfite urutonde rw’abasore bari bunsambanye iryo joro. »
Yize ku bigo byinshi, aho yatangiriye ku Kibuye muri ES Ngoma bamwirukanye atahamaze kabiri kubera uburara yakoraga nyuma ajya kwiga i Gitarama ahitwa i Mushubati naho baramwirukana hanyuma abamureraga bamwimurira mu Ishuri ryisumbuye ry’abayisilamu rya CIESK i Nyamirambo aho yakajije umurego mu gusambana ndetse ngo n’Umuyobozi w’ikigo bararyamanaga bikamworohereza kwiga.
Yagize ati « Najyaga ku ishuri nabishatse kuko nari indaya y’umuyobozi w’ikigo, ba animateur ntacyo bashoboraga kumbwira kuko nabaga ndyamana na directeur w’ishuri. »
Ubwo yigaga i Nyamirambo ngo yari « Indaya yihagazeho kuko nacishagamo nkajya no kwiga, urumva ko nari niyubashye ukuntu. Akenshi nasambaniraga amafaranga ibihumbi 50 ukantwara no mu modoka nziza. »
Ubusambanyi yaje kubuvamo yakira agakiza ariko bya nyirarureshwa. Yageze mu rusengero akomeza ubusambanyi mu bundi buryo ahereye ku bo basenganaga nyuma n’abakozi b’Imana bazamo.
Ati « Ninjiye mu nzu y’Imana ariko sinakizwa ngo maramaze. Nagezemo nakijijwe bimwe ariko ibindi ndabigumana, nakijijwe kuba indaya no kunywa urumogi ibindi ndabigumana. »
Yongeraho ati « Nari umukozi w’Imana nkaririmba mu rusengero ariko nkabikoresha nabi, naratahaga ngakubitana n’abapagani bo mu rusengero […] mu wundi mwanya hakaba hari umuhanu*i uri kubica mu rusengero nanjye nkazajya kumureba ngo andebereyo, namugerayo, mu kanya akambwira ati ‘uri mwiza’ nti ni sawa, mu wundi mwanya akaba atangiye kunsoma ubundi akamfatafata, tukaba turasambanye, ejo tugasubira mu rusengero numva nta kibazo. »
Ngo hari n’igihe yabaga yajyanye n’umukozi w’Imana mu biterane hanze ya Kigali, bataha bagera Nyabugogo bakajya ahantu ngo banywe fanta ariko bikarangira bahasambaniye.
Yahanishijwe kumera umurizo
Mu 2014, Ishimwe Lorie yemeza ko Imana yamuhaye igihano imuha kumera umurizo, ngo yaje kuwukira ubwo yari yagiye mu masengesho yabereye i Masaro nyuma y’uko yemeye kwatura akavuga ibyaha bye byose.
Ati « Umurizo waje nk’igihano kugira ngo Imana inyereke ko idakinishwa. »
Yongeraho ati « Nari mfite ubwoba, ndi kuribwa […] twageze CHUK bavuga ko nta bushobozi bafite bwo kudoda umurizo n’ikibuno. Bahise bavuga ko batwohereza muri Afurika y’Epfo ariko tugahita twishyura indege intwara, byaratunaniye kuko byari bihenze cyane. »
Yongeyeho ko bamugejeje i Masoro ahabereye icyumba cy’amasengesho ngo yaratuye avuga ibyaha byose Imana imubwira ko imukijije umurizo ariko ataha utaracika.
Ngo yageze mu rugo araryama bucyeye asanga wagiye.
Ubu, Ishimwe Lorie arubatse, amaranye imyaka hafi ine n’umugabo. Yakomeje amashuri ye muri UNILAK ndetse mu gushimangira ubuhangange bw’Imana, yasohoye indirimbo yise « Yesu ni umugabo ». andika amen niba wemerako yesu arumugabo kandi Imana ishobora byose kandi niba utarakora kuri yikore kugirango post nkizi zigisha ujye u*ibona bitakugoye kora mumagroupe ubamo usangire abandi ntiyabura icyo ibigisha mbikora nonaha kuri page post mumagroupe ubamo

23/09/2020

Sweet Stories
REBA IBYAGUFASHA USHAKA
GUTERETA UMUKOBWA NGO
MUKUNDANE
Bigushimishije, ukumva unyuzwe
nibyo wabonye kuri IYI page
wakandaho like ukajya ubibona
bikoroheye
Basore Gutereta umukobwa
umwifuzaho urukundo sibintu ubyuka
ngo ugende uvuge, bisaba inzira kugira
NGO muzubake urukundo rukomeyentago wahura numuntu NGO
ndagukunda, Oya, uzaba wabyishe
byose.
Dore inzira zose uzanyuramo ugiye
gutereta umukobwa.
√1.Genda Gake:
Mbere yuko utangira gutereta
umukobwa ,menya neza ko kumuhatira
kugukunda Atari igitekerezo
cyiza.Nubimuhatira azabona ko
ushobora kuba Uri umunyantege nke
kandi ko Wenda niyo yagukunda haza
abandi nyuma ye bakamugutwara.,
Abakobwa muri kamere yabo ntago
bapfa kuyoborwa n'amarangamutima ,
uko umugaragariza ko ushaka ko
mukundana cyane abona ko harigihe
waba ushaka ibindi bitari urukundo.
√2. Bwa mbere umuvugisha, Shaka
ikintu runaka muganiraho kitari
iby'urukundo.
Kugira ngo umukobwa atangire kubona
ko umwitayeho. Shaka ikintu utangira
umuganirizaho Wihubuka uvuga
amagambo menshi NGO waramukunze ,
oya! Muganirize bisanzwe nk'incuti,
Ubutaha nugaruka kumuvugisha ntago
bizakuvuna ,nawe azumva ko ntakibazo
kibirimo kuba yaguha umwanya we
mukaganira.. ..
Ushobora nko kuvuga uti" Ese uheruka
kumva indirimbo nshya ya
Runaka......Etc. Ukamujyana nibindi
biganiro bisanzwe.
√3. Ntukigaragaze uko utari imbere
ye.
Ntugashake kumwiyereka uko utari ngo
agukunde, Mwiyereke uko uri ,nawe
nyuma uzumva aribyiza kuko azakunda
wowe wanyawe. Natagukundira uwo
uriwe ubwo ntago azaba aruwawe,
igendere.
Harigihe yaba arumukobwa Ukurenzeho
avuka mumiryango ikize ,We akagufata
nkumuntu batakundana niyo mpamvu
Bisaba kumwereka uwo uriwe kugira
Ngo bitagusaba imbaraga nyinshi
umwumvisha ibintu bitari ukuri.
√4. Igihe muganira Mubwire ko
Umwishimira.
Iyi nayo n'inzira nziza yo gutuma
umukobwa yumva ko umwitayeho,
gusa ubanze utekereze
ntumushimagize cyane nibitabaho.
Wimubwira iby'ubwiza bwe gusa,
ushobora kumubwira ko Ukunda
ibitekerezo bye, Ubwenge afite, Impano
runaka agira,
N'uburyo yigirira ikizere.
Bizatuma Yiyoroshya muburyo
yagufataga yumve ko ukunda
kumutekerezaho .
√5. Mwereke Neza ko uri mukiganiro
muri kugirana.
Igihe muri kumwe murebe mumaso,
muhuze amaso, Ujye uhumiriza akanya
gato nkigihe ugiye kumubwira ijambo,
Bishobora gutuma areba kuruhande
kubera isoni ariko wowe ntukagire
ikibazo, nibigaragaza ko Atangiye
kumva anyuzwe nikiganiro hagati yawe
na we.
Niba urumuhungu ugira isoni, gutereta
bizakugora, ariko ishyiremo
akanyabugabo.

like page

21/09/2020

yakora bigatuma bakundana yifuza kuzamugira umugore
Banza ukore like kuri page The Walker 250
👇
1. Gerageza kugaragara neza uko ushoboye kose
Abasore burya bumva yaterwa ishema no kugira umukunzi ugaragara neza
2. Hora iteka ufite impumuro nziza
Abasore burya n’ubwo atari ko bose bakunda kwitera imibavu ariko burya bakunda cyane umukobwa uhumura neza
3. Irinde kumuhoza ku nkeke no kumugaya buri gihe
4. Mukunde kandi ubyerekane
5. Ikunde nawe ubwawe.
Ntugakunde kubwira umukunzi wawe ibibi wibonaho, ngo umubaze ngo ariko ubu kuba narabyibushye cyane ntibikubangamira

6. Irinde gutuma afuha kandi umurwanire ishyaka Kuba waba udaca inyuma umukunzi wawe ntibihagije, ukwiye no gukora ibishoboka ngo atagukeka akaba yagufuhira.
7. K***a inshuti ze
Niba umusore mukundana afite jya uzubaha.
8. Mwereke ko u*i guteka kandi wifuza kuzajya umutekera
umusore wese aho ava akagera akunda umukobwa u*i guteka.
9. Mukunde nk’ufite uwo murushanwa
10. Menya kumutetesha Gutetesha burya bibaho mu buryo bwinshi. Ni byiza ko u*irikana ko gushima ibyiza biri ku mukunzi wawe ari ingenzi cyane

11. Mwereke ko umufuhira umwereke ko wababazwa no kumubona akundana n’undi mbese yumve ko nawe u*i ko afite igikundiro atari imbere yawe gusa ahubwo n’imbere y’abandi
12. Kora uko ushoboye yiyumve nk’umugabo uhamye Mwite papa w’abana uzabyara, umubwire uti umugabo niwe ufata umwanzuro mu rugo, nimuba muri kuganira umubwire uti mbona uzambera umugabo w’igitangaza

13. Tangira umubere umufasha mukobwa, niba u*iko arimo gutegura umunshinga runaka ushake uburyo bwose wamwungura igikerekezo,
14. Gerageza kwiteza imbere no kwita ku bu*ima bwawe bw’ahazaza
15. Muhe umwanya, wimucungacunga cyane bityo azanumva ko akwiye kubikubahira no kwitwara neza
16. Gerageza kuba isoko y’ibyishimo n’umunezero bye kumuganiriza, kumubwira utuntu twiza wabonye, kumubwira udukuru dushimishije
17. Wikumva ko wageze iyo ujya ngo uterere agati mu ryinyo shine rushaho kumwitaho

18. Fata umwanya nawe ubwe umwiteho Nko kumenya ibyo akunda kurya, kwambara nibindi.
19. Ba umukobwa kandi witware nkabo. Itware nk’umwari ubereye u Rwanda, umenye ko utagomba kuba umukobwa w’akabari nka bamwe bajya bitwara gutyo umenye ko utagomba gutaha.
20. Mwereke ko unyurwa kandi ureke kumuzanaho ibikangisho bamwe baba bababwira ngo nudakora ngo uramutse ukoze ibi ibyanjye nawe byahita birangirira aho, ngo nukora iki ntuzongere kumvugisha, Menya kumwubaha no kumwereka ko ari we mwanzuro w’ubu*ima bwawe

18/09/2020

Dore ibyo wakorera wawe akarushaho kugukunda kukubaha no kugukundwakaza.

1. Mu gihe uri kumwe n’uwo ukunda, jya ugerageza kumubwira mu ijwi ryoroheje ndetse akenshi nujya kumubwira akantu gasekeje cg se k’ibanga ujye ukoresha kumwongorera, ngo kuko ibi bituma yumva ibizongamubiri n’itandukaniro riri hagati yawe n’abandi.
2. Gerageza kumufata mu kiganza igihe muri kumwe mugendana, ngo kuko ibi bituma akwiyumvamo cyane, akanumva ko utamuri kure.
3 . Niba kandi yagusuye, muhamagare umujyane mu gikoni mutegurane ifunguro. Urugero nk’umureti, agafiriti, gukaranga ubunyobwa n’ibindi. Ibi rero ngo biramushimisha kabone niyo mwateka ibitaryoshye.
4. Jya ukunda kumuha impano akenshi ndetse wibande ku*ihendutse cyane rwose ngo kandi ujye ureba iyo atatekerezaga ko wamuha.
5. Kora ubushakashatsi umenye umwenda akunda muyo ufite hanyuma ube ari wo wambara igihe cyose muri kumwe.
6 . Numuramutsa, jya umuhobera cyane kandi umwegereye kabone niyo mwaba muherukana vuba.
7. Fata igihe umubwire mutemberane mujye ahantu kure n’amaguru kandi hitaruye nko ku mucanga, mu ishyamba n’ahandi.
8. Jya ukunda kumubwira ko ari we wenyine wifuza kandi utamubeshya.
9 . Fata akanya igihe muri kumwe umufate ku rutugu, umurebe mu maso na we akurebe, mumare nk’iminota ibiri mutavuga, ubone umubwire ko umukunda nibiba ngombwa unamusome utamuteguje.
10. Kora akantu kerekana ko mukundana igihe muri no mu bantu benshi.
11. Muririmbire kabone nubwo waba udafite ijwi ryiza ngo we biramshimisha
12. Mutumire aze musangire ifunguro haba mu rugo cyangwa se muri restora.
13. Mufate akaboko umurebe mumaso hanyuma umusome ku kiganza nurangiza uhite ugishyira mu gituza cyawe mu gice guherereyemo umutima (ibi biba byiza ngo iyo bikozwe n’umuhungu).
14. Jya umusaba uburenganzira bwo kumuhamagara kenshi.
15. Mu gihe wagize akazi kenshi, gerageza gushakisha byibura iminota mike ujye ahantu hatari urusaku hanyuma umuhamagare wibuke no kumubwira ijambo ngo “ndagukunda” (I love you).
16. Gerageza kumukorera ibintu bimwereka ko harimo ubwitange ariko wirinde kumubwira ko witanze. Wowe bikore, hanyuma we abibone utarinze kubimubwira.
17. Gerageza kumushushanyiriza ibyishimo byo kuba ari we muri kumwe mu rukundo.
18. Mufashe kwitoza kubwirana amagambo y’urukundo mu ndimi z’amahanga
19. Mujye mukorana gahunda zimwe na zimwe nko kujyana gusenga, kureba film, umupira n’ibindi bitandukanye.

Kora like ❤️👍 kuri page The Walker 250 na share mumagroup ubamo nabo babibone ubundi tubane burimunsi.

Address

Kigali

Telephone

0787852522

Website

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when Nyirabugenge nubugenge bwayo posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Share

Category