24/06/2023
AMAHIRWE YO KUBA MUZIMA
“Ukundwa, ndagusabira kugira ngo ugubwe neza muri byose, ube mutaraga nk’uko
umutima wawe uguwe neza” (3 Yohana 2).
Kuba muzima ni ubutunzi, ni igishoro kidahomba, ni imbaraga zitaneshwa, ni
umurage udateye ipfunwe. None se kuba muzima ni iki?
Umuntu muzima ni ufite umubiri ushoboye kwihanganira umuruho, intekerezo
zishoboye kwihanganira ibibazo, n’imico ibana neza n’abandi. Muri make, ni umuntu
wishimira imirimo, agatekereza ibyiza kandi yishimiye kubana neza n’abandi. (Pour le
meilleur et pour la vie, p. 170)
Ubuzima bwo mu bwenge
« Ipfa ni kimwe mu bishuko bikomeye mwene muntu agomba guhangana na byo…
kwirengagiza umubiri, ni ukwirengagiza ubwenge. Imibiri irwaragura hamwe
n’ubwenge bugufi ntibishobora guhesha Imana icyubahiro. Gutwarwa n’inda nini
utitaye ku buzima bwawe ni ukwiyangiza. Abatitegeka mu mirire no mu minywere
cyangwa mu kandi kantu ako ari ko kose, bisesagura imbaraga z’impagarike kandi
bikagabanya imbaraga zo gutunganya… Umucunguzi w’isi yari azi ko gutegekwa n’ipfa
ryawe bimugaza umubiri bigakamura ingingo zishinzwe ubushishozi kugeza ubwo
umuntu azimiza ubushobozi bwo gutahura ibyera n’iby’iteka ryose. » (Témoignages,
vol. 1, p. 476-477)
« Ibyiza byo gukoresha umubiri.—Abagabura, abigisha n’abanyeshuri ntibateza
imbere ubuhanga bwabo nk’uko byari bikwiriye kumera mu gihe bakorera imyitozo
ngororangingo ahari umwuka mwiza. Bajya birengagiza iyo nshingano y’ingenzi mu
gufata neza ubuzima. Bahora bunamye mu bitabo byabo kandi bakarya
nk’iby’abakora imirimo yo hanze. Akamenyero nk’ako kabatera kugira ibinure bitewe
n’uko ingingo zabo zitinyagambura.
« Abandi bahorana intege nke bitewe n’uko imbaraga z’ubuzima bwabo zigushwa
agacuho no kwikuraho umutwaro w’indyo irenze urugero. Umwijima urananirwa
ukaba utagishoboye gukura imyanda mu maraso. Indwara zigahita ziyadukiza.
Uwagira ngo gukoresha umubiri bifatanywe no gukoresha ubwenge, amaraso
yatembera ku rugero rwiza, umutima ugasohoza akazi kawo neza, imyanda yasohoka
neza, ubugingo bushya bukumvikanisha ibyiza byabwo mu migabane yose
y’umubiri. » (Témoignages, vol. 1, p. 481)
« Kuzimiza ubushobozi bwo kwibuka.—Abasazishijwe n’umutwaro w’uducogocogo
tw’umurimo w’Imana bashobora gusanga mu bwonko bwabo harimo ibyuho
by’amahugwe mu birebana n’ibibera ahabazengurutse, ibyababayeho mu gihe cya
vuba bishobora guhita bihanagurika mu bwenge bwabo; nyamara kandi bakibuka
amapica n’ibyababayeho mu buto bwabo. Oh! Uwagira ngo abasore bamenye ukuntu
ari iby’ingenzi kurinda intekerezo zabo zikaba izera kandi zihagaze neza,
zitarangwamo ibitekerezo byononekaye, ndetse no kurinda imitima yabo akamenyero
kayangiza, kuko kwera cyangwa kwandura ko mu busore kugira ingaruka zizageza no
mu busaza. (Pour un bon équilibre mental et spirituel, vol. 2, p. 776; The Youth’s
Instructor, 25 oct. 1894. Sons and Daughters of God, 78)
« ... Iyo ugeze ku meza, ugaragaza ubusambo. Ngiyo imwe mu mpamvu zituma
utagira amakenga no gukunda kwibagirwa. Nkuziho guhamya ibintu, nyuma
ukabihakana ugira ngo ushyigikire ibinyuranye n’ibyo wari waravuze. Nsanzwe mbizi,
ariko byose nabiherereje ku ngaruka z’imirire yawe… » (Pour un bon équilibre mental et
spirituel, vol. 2, p. 776; Conseils sur la Nutrition, 164)